Ubutumwa bw'umisigiti

Intangiriro

Ikigamijwe muri ubu butumwa ni ahagenewe gushyirwa inyigisho zitandukanye kuri uru rubuga rwa internet zigamije guhugura abayislam, zikaba zizajya zivanwa kuri uru rubuga rw'ivugabutumwa zikamanikwa ku misigiti zikanakwirakwizwa hirya no hino mu bayislamu kugirango bibafashe gusobanukirwa idini yabo.

Muri ubu butumwa muzajya muhasanga inyigisho zinyuranye ku idini ya islamu n'izigendanye n'ibihe runaka bifite umwihariko mu idini ya islamu, kugirango abayislamu bamenye uko babyitwaramo. kubera ko ubu butumwa buba ari ubw'igihe gito bitewe n'icyo buvugaho, buzajya bugenda buhinduka uko ibihe bihindutse, niyo mpamvu byaba byiza ku babyifuza kubufotora bakabutwara bakabuvana kuri uru rubuga mbere y'uko bukurwaho hagamijwe gushyiraho ubundi, ariko niyo bukuwe kuri page, buguma kubikwa ahabugenewe ku rubuga ku buryo ubushatse igihe cyose abusangaho.

Tuboneyeho gusaba abayislamu babishoboye kugira uruhare mu kubufotoza no kubukwirakwiza mu bandi kuko bazabibonera ibihembo ku Mana.

# Ubutumwa bw'Imisigiti bwahise ! Download
1 Amategeko arebana n'igisbo cy'ukwezi kwa RAMADHAN.
2 Imyifatire iranga uwasibye
3 Amwe mu mategeko agenga iminsi icumi ya nyuma ya RAMADHAN.
4 Agaciro k'ubutaka butagatifu bwa makkah na madinah.
5 Amategeko arebana na Hidja na Umrat.
6 Ibyzia by'iminsi icumi ya mbere ya Dhul Hidja.
7 Amategoko arebana n'umunsi mukuru w'igitambo( EID AL ADW'HA).
8 Ibyiza n'agacyiro k'ukwezi kwa MUHARAMU
9 Uburemere bw'icyaha cyo kubangikanya Imana ( SHIR'KI )
10 Ibyaha Bihambaye muri Islamu.
11 Ububi bw'icyaha cy'ivangura n'irondamoko.
12 Ububi bw'icyaha cy'ivangura n'irondamoko.
13 Ibyiza byo kwihangana.
14 Gufasha imfubyi.
15 Ibyaha bihambaye muri Islamu.
16 Gushishikariza abantu kwtabira umurimo.
17 Ububi bw'icyaha cyo gusambana.
18 Uko umuyislamu yakira ukwezi kwa Ramadhan.

Ubutumwa bw'Imisigiti (igice cya 19)

AMWE MU MATEGEKO AGENGA IMINSI ICUMI YA NYUMA YA RAMADHAN

Iminsi 10 isoza igisibo cy'ukwezi kwa ramadhani ni iminsi ifite umwihariko wo kuba igihe cyiza cyo kwiyegereza Imana no kuyigandukira.Umuyislamu rero muri iyi minsi akora ibikorwa binyuranye,muri byo twavuga:


1.Kwiyegereza Imana kandi akagira umuhate kurusha mu bihe bisanzwe:
Umugore w'Intumwa witwa Ayisha(Imana imwishimire) yaravuze ati:
(Iyo iminsi 10 isoza ramadhan yageraga,Intumwa y'Imana yagiraga umuhate mu kwiyegereza Imana kuruta uwo yagiraga mu bindi bihe,maze agakenyera agakomeza kandi akabyutsa abi we bagafatanya iswala z'ijoro).

2.Gukora I T I K A F U ushakisha Laylatul 'Qadri.
Itikafu bisobanuye :kuguma mu musigiti ukorerwamo ijuma mu gihe runaka mu rwego rwo kwiyegereza Imana anashakisha ijoro ry'icyubahiro (laylatul 'Qadri) kubera ibyiza byaryo bikurikira:

  1. Niryo joro Allah yahishuyemo Qor'ani ntagatifu. Nk'uko Imana yabivuze igira iti:
    " Qor'ani twayihishuye mu ijoro ry'icyubahiro".

    Qor'ani 97:1

  2. Ni ijoro ryuje umugisha. Nk'uko Imana yabivuze igira iti:
    "Qor'ani twayihishuye mu ijuro ryuje imigisha".

    Qor'ani 44:3

  3. Muri iryo joro nibwo Allah agena ibizaba mu mwaka wose. Nk'uko Imana yabishimangiye ivuga iti:
    " Muri iryo joro hagenwa igeno ry'ibizaba".

    Qor'ani 44:4

  4. Igikorwa cyiza gikozwe muri iryo joro kiruta igikozwe mu mezi igihumbi. Nk'uko Imana yabivuze igira iti:
    "Ijoro ry'icyubahiro (Laylatul Qadri) rifite ibyiza biruta iby'amezi igihumbi".

    Qor'ani 97: 3.

  5. Muri iryo joro abamalayika baramanuka. Nk'uko Imana yabivuze igira iti:
    " Muri iryo joro abamalayika baramanuka harimo na Jibrilu babitegetswe na Nyagasani wabo bazanye ibyiza".

    Qor'ani 97: 4

  6. Iryo joro rirangwa n'ituze, umutekano, n'ibikorwa byiza byo kwiyegereza Imana. Nkuko Imana yabivuze igira iti:
    iryo joro ni amahoro n'ituze kugeza umuseke utambitse".

    Qor'ani 97: 5

  7. Muri iryo joro Imana ibabarira ibyaha by'abantu barikozemo ibikorwa byiza.Nk'uko Intumwa Muhamadi (Allah amuhe amahoro n'imigisha) yabivuze igira iti:
    " Uzasari mu ijoro ry'icyubahiro (Laylatul'Qadri) kubera kwemera Imana no gushaka ibihembo byayo azababarirwa ibyaha bye byose byahise".
    Iyi mvugo iboneka mu gitabo cya Bukhari na Muslimu

.............umusozo.........

"Nta yindi Mana ikwiye gusengwa by'ukuri uretse Imana imwe Rukumbi "Allah"; Muhammad na Yesu ni Intumwa z'Imana